Hari ifoto yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga aho bivugwa ko ari igaragaza urutonde rwa nyuma rugaragaza uko abakinnyi bakurikirana mu guhatanira Ballon d’Or ya 2021.
Ballon d’Or yuyu mwaka ifite umwihariko kurusha izabanje aho buri wese yarebaga abakinnyi babiri: Lionel Messi na Cristiano Ronaldo, muri uyu mwaka abakinnyi benshi barakoze cyane ku buryo byagorana gukeka uzayegukana.
Ifoto yagiye hanze bivugwa ko yavuye mu kinyamakuru France Football gitegura Ballon d’Or igaragaza ko rutahizamu wa Bayern Munich Robert Lewandowski ariwe uzegukana iki gihembo, Messi aza ku mwanya wa kabiri mu majwi agakurikirwa na Karim Benzema waje ari uwa gatatu.
Kabuhariwe wa Manchester United Cristiano Ronaldo aza hasi ku mwanya wa 9 mu gihe Luca Modric ari ku mwanya wa 12. Neymar ku mwanya wa 18.
Abakinnyi babiri bari kwiharira ruhago muri iyi myaka; Kylian Mbappe na Erling Haaland bakurikirana ku myanya ya 6 na 8.
Uko abakinnyi bakurikirana ku rutonde rwa Ballon d’Or rwahishuwe
- Robert Lewandowski (Bayern Munich)
- Leo Messi (PSG)
- Karim Benzema (Real Madrid)
- Mohamed Salah (Liverpool)
- Jorginho (Chelsea)
- Kylian Mbappé (PSG)
- N’ Golo Kanté (Chelsea)
- Erling Haaland (Dortmund)
- Cristiano Ronaldo (ManchesterUnited)
- Kevin de Bruyne (Manchester City)
- Gianluiggi Donnarumma (PSG)
- Luka Modric (Real Madrid)
- Giorgio Chiellini (Juventus)
- Harry Kane (Tottenham)
- Bruno Fernandes (Manchester United)
- Ruben Dias (Manchester City)
- Romelu Lukaku (Chelsea)
- Pedri (Barcelona)
- Neymar (PSG)
- Riyad Mahrez (Manchester City)
Lionel Messi niwe wahabwaga amahirwe menshi n’abafana ko ariwe uzegukana Ballon d’Or, abenshi bagaragaje impamvu babona ko uru rutonde atari urwa nyarwo aho umwe mu bafana yagize ati “Uru rutonde ntabwo ari urwa nyarwo, Cesar Azpilicueta agaragaramo kabiri kandi ntibyumvikana impamvu imbuga zo guteega zitarabihindura niba aribyo koko“
Abafana benshi bavuze ko ibi ari ibisanzwe ko iyo imihango yo gutanga Ballon d’Or yegereje hatangira guhwihwiswa intonde z’impimbano, batanga urugero ko urutonde rwasohotse mu 2019 rutahuje n’ibisubizo by’abatsinze uwo mwaka nubwo rwavuze uwatsinze.


