Rwanda : Abatarengeje imyaka 13 na 11 , batwaye igikombe cy’isi cy’amarerero y’ikipe ya Paris Saint-Germain

Rwanda : Abatarengeje imyaka 13 na 11 , batwaye igikombe cy’isi cy’amarerero y’ikipe ya Paris Saint-Germain

Amakipe yo mu Rwanda y’abana batarengeje imyaka 13 na 11 , bigishirizwa mw’ishuri ry’umupira w’amaguru ry’irerero ry’ikipe ya Paris Saint-Germain yo mu bufaransa , batwaye igikombe cy’isi cy’amarero y’iyi kipe ya Paris Saint-Germain , nyuma yo gutsinda Brazil.

Ikipe y’u Rwanda y’abana batarengeje imyaka 11 bakaba batwaye ik’igikombe cy’isi gitegurwa n’ikipe ya Paris Saint-Germain batsinze abana batarengeje imyaka 11 ba Brazil , kuri Peneliti (3-2) nyuma y’uko umukino wose wari warangiye amakipe yombi aganganya.

Ni mugihe abana batarengeje imyaka 13 b’u Rwanda bongeye kwisubiza ik’igikombe cy’isi gitegurwa n’ikipe ya Paris Saint-Germain batsinze abana batarengeje imyaka 13 ba Brazil , kuri Peneliti (4-3) nyuma y’uko nabo umukino wose wari warangiye amakipe yombi anganya.

Iy’imikino , akaba ari imikino itegurwa n’ikipe ya Paris Saint-Germain yo mu bufaransa mu rwego rwo guhuza amakipe y’abana agize amarerero y’iyi kipe yagiye ishyira mu bihugu bitandukanye byo kw’isi aho ari imikino yise “Paris Saint-Germain Academy World Cup”

Abana bo mu marerero yose y’iyi kipe ya Paris Saint-Germain yo mu bufaransa , bakaba bitabira iy’imikino aho ari imikino ibera mu gihugu cy’ubufaransa ndetse by’umwihariko imikino ya nyuma ikabera kuri Sitade Parc de Princes y’ikipe ya Paris Saint-Germain.

Ikipe ya Paris Saint-Germain ikaba ifite amarerero mu bihugu bitandukanye byo kw’isi birimo , Ubufaransa ari naho iy’ikipe ibarizwa , Ubwongereza , Ubudage , Uburusiya , Türkiye , Morocco , Egypt , Brazil , USA , Qatar , Portugal , ubusuwisi , Thailand , Senegal ndetse n’u Rwanda.

Abayobizi b’irerero ry’ikipe ya Paris Saint-Germain mu Rwanda , bishimiye itsinzi yatumye ikipe zombi zegukanye ibikombe byose.

Comments

No comments yet. Why don’t you start the discussion?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *