Urukiko rwasubitse isomwa ry’urubanza rw’ubujura bwakorewe mw’ishuri rya IPRC Kigali rurengwamo abantu 19 barimo n’uwari umuyobozi wir’ishuri

Urukiko rwasubitse isomwa ry’urubanza rw’ubujura bwakorewe mw’ishuri rya IPRC Kigali rurengwamo abantu 19 barimo n’uwari umuyobozi wir’ishuri

Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge , rwasubitse isomwa ry’urubanza rurengwamo abantu 19 barimo n’umuyobozi w’ishuri rya IPRC Kigali bakurikiranweho ibyaha by’ubujura bw’ibikoresho by’ishuri byibwe mw’ishuri rya kaminuza ya IPRC Kigali.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Mutarama 2023 , akaba aribwo irisomwa ry’ur’rubanza ryari riteganyijwe gusa urukiko rukaba rwaje gutangazako urubanza rwasubitswe bitewe nuko isesengurwa ry’urubanza ritarasozwa bitewe n’ubwinshi bw’abantu barurengwamo.

Ur’urubanza akaba ari urubanza rurengwamo abantu bagera kuri 19 barimo nabari abayobozi biri shuri ndetse n’abandi bakozi bari abakarani muri ir’ishuri rya IPRC Kigali aho bose bashinjwa ku kuba baragize uruhare mwiyibwa ry’ibikoresho byir’ishuri rya IPRC Kigali.

Ni mugihe ariko abagera kuri 12 bari abayobozi bakuru b’ishuri rya IPRC Kigali bo kugeza ubu bari kuburana badafunze mugihe abandi 7 bari barahahwe akazi kuri ir’ishuri rya IPRC Kigali (abakarani) bo bari kuburana bafunze , ibintu Ubushinjacyaha bwagaragajeko butishimiye.

Mw’iburanisha riheruka ryo kw’itariki ya 13 Mutarama 2023 , ababurana bafunze bakaba bari bagaragarije urukiko ko nabo bagakwiye kuburana badafunze mugihe abo bareganwa mwidosiye imwe bo barekuwe bakaba bakurikiranwa badafunze kandi arinabo babahaye akazi mu ishuri rya IPRC Kigali.

Ab’abakarani bavugako bari barahahwe akazi mu ishuri rya IPRC Kigali , bakaba barasabye urukiko ko nabo barekurwa bagakurikiranwa bari hanze , bitewe nuko bafunzwe kandi mu byukuri ababahaye akazi mw’ishuri rya kaminuza ya IPRC Kigali bo bararekuwe.

Ni mugihe ariko Ubushinjacyaha nabwo bwari bwajuririye iki cyemezo cyo kuba abari abayobozi biri shuri rya IPRC Kigali urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro rwarategetseko baburana badafunze , ubundi bugasaba urukiko rukuru rwa Nyarugenge gutesha agaciro icyo cyemezo ahubwo rugategekako baburana bafunze.

Ubushinjacyaha bukaba bwaragaragarije imbongamizi urukiko rukuru rwa Nyarugenge zo kuba abari abayobozi bir’ishuri rya IPRC Kigali bakurikiranwe n’ubutabera badafunze ubundi bugasabako bafungwa , ur’urubanza nyuma yo gusubikwa urukiko rukaba rwatangajeko isomwa ryarwo ryimuriwe kw’itariki 23 Mutarama 2023.

Comments

No comments yet. Why don’t you start the discussion?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *