Perezida Paul Kagame yitabiriye amasengesho yo gusabira igihugu azwi nka “National Prayer Breakfast”

Perezida Paul Kagame yitabiriye amasengesho yo gusabira igihugu azwi nka “National Prayer Breakfast”

Kuri iki cyumweru tariki 14 Mutarama 2024 , muri Kigali Convention Center , Perezida Paul Kagame yitabiriye amasengesho ngarukamwaka yo gusabira igihugu azwi nka ” National Prayer Breakfast” , akaba ari amasengesho ategurwa n’umuryango Rwanda leaders fellowship.

National Prayer Breakfast , akaba ari amasengesho yitabirwa n’abayobozi b’amadini n’amatorero akorera mu Rwanda , inshuti z’u Rwanda ndetse n’abayobozi mu nzego zitandukanye z’ubuyobozi bw’igihugu kandi akaba ari n’amasengesho umukuru w’igihugu akunze kwitabira.

Mu ijambo Perezida Paul Kagame yageje kubari bitabiriye aya masengesho , umukuru w’igihugu Perezida Paul Kagame akaba yongeye kwibutsa abitabiriye aya masengesho ko abantu bose aho bava bakagera baba bareshya imbere y’Imana.

Umukuru w’igihugu Perezida Paul Kagame , akaba yibukije abitabiriye aya masengesho ko kuba abantu babaho bitandukanye atari amakosa y’Imana ahubwo ko Imana yo iba yarakoze ibyo yagombaga gukora , ibisigaye bikaba amayitamo y’abantu ubwabo.

Perezida Paul Kagame ati ” mubwira ko ari ikibazo cy’Imana se ? ariyo yagiteye. Ni twebwe , Imana yo yakoze iby’ayo yaraduhaye , turangije ibyo yaduhaye tubipfusha ubusa ” aha umukuru w’igihugu akaba yagararukaga kuburyo ibihugu byo muri Global south na Global north , bibayeho.

Perezida Paul Kagame , akaba yagarutse no ku bindi bintu bitandukanye birimo no kuba buri muntu wese kw’isi yifuza amahoro ndetse avugako u Rwanda n’abanyarwanda aribo bantu bifuza amahoro kurusha abandi ngo kuko bo hari n’igihe cyageze bakayabura , umukuru w’igihugu akaba yasoje ijambo rye yifuriza amahoro y’Imana abitabiriye aya masengesho.

Comments

No comments yet. Why don’t you start the discussion?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *