Umunya-America John Hinckley Jr warashe Ronald Reagan wahoze ari Perezida w’igihugu cya leta zunze ubumwe za America akomukomeretsa yahawe uburenganzira bwo kwidegebya mu gihugu nyuma y’imyaka 41 akurikiranwa n’ubutabera bwa America.
John Hinckley Jr w’imyaka 67 , warumaze imyaka 41 abarizwa mu gihome akaba yaragerageje kwica Ronald Reagan ubwo yari Perezida wa leta zunze ubumwe za America mu mwaka 1981 , aho yamurasheho amasasu agera kuri 6 gusa bikarangira amukomerekeje.
Uy’umunya-america John Hinckley Jr akaba yaragerageje kwivugana Perezida Ronald Reagan ku myaka ye 25 y’amavuko ahagana mu mwaka 1981 , nyuma y’ijambo Perezida Ronald Reagan yaramaze kuvugira muri leta ya Washington , imwe muma leta agize igihugu cya leta zunze ubumwe za America.
Muri iri raswa hakaba hararasiwemo Timothy McCarthy warushinzwe umutekano wa Ronald Reagan ndetse na James Brady warushinzwe itangazamakuru muri biro bya Ronald Reagan ariko ku bw’amahirwe ntihagira uwicwa nay’amasasu yarashwe n’uyu mugabo John Hinckley Jr .
Perezida Ronald Reagan mu mwaka 1981 ubwo yarakiyobora igihugu cya leta zunze ubumwe za America akaba yararashwe na John Hinckley Jr nyuma y’ijambo yaramaze kuvugira muri hotel yo mu mujyi wa Washington muri leta zunze ubumwe za America.
Source : The guardian
