Umukinnyi Roger Federer wabaye nimero ya mbere kw’isi mu mukino wa Tennis mu bihe bitandukanye , uy’umukinnyi yatangajeko agiye gusezera cyangwa guhagarika gukina umukino wa Tennis nyuma y’imyaka irenga 20 ahukina nkuwabigize umwaga.
Roger Federer akaba ari Umunya-Switzerland w’imyaka 41 watangiye gukina umukino wa Tennis nkuwabigize umwaga mu mwaka 1998 ndetse uy’umukinnyi ku myaka 8 gusa akaba aribwo yatangiye kugaragara nkuzaba rurangiranwa muri uy’umukino wa Tennis.
Roger akaba yarabaye nimero ya mbere kw’isi muri uy’umukino wa Tennis mugihe kingana n’ibyumweru 310 , nyuma y’uko ishyirahamwe ry’umukino wa Tennis kw’isi (ATP) rimushyize kuri uy’umwanya ndetse akaba yaranashyizeho agahigo ko kuba yaragiye kuri uy’umwanya ibyumweru 237 byikurikiranya.
Roger Federer muri uy’umukino wa Tennis akaba yatwaye ibikombe bigera 103 bya ATP , akaba umukinnyi wa 2 w’ibihe byose watwaye ibikombe 20 bya Grand Slam , Roger akaba yaratwaye ibikombe 8 bya Wimbledon , ibikombe 5 bya US Open ndetse no kuba championships imyaka 6.
Roger Federer akaba asezeye mu mukino wa Tennis nyuma y’undi mukinnyi Selena Williams nawe wabaye ikirangirire muri uy’umukino wa Tennis watangajeko nawe yasezeye muri uy’umukino wa Tennis ndetse akaba yaramaze no gukina irushanwa rya nyuma rye asezera ku bakunzi be n’abafana be muri uy’umukino wa tennis.




![Roger Federer nimero ya mbere kw’isi mu mukino wa tennis yahagaritse gikina uy’umukino ku myaka 41 [amafoto]](https://i0.wp.com/showrwanda.com/wp-content/uploads/2022/09/57794611_303.jpg?fit=700%2C394&ssl=1)
