Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus yatorewe mpanda ye ya 2 y’imyaka 5 yo gukomeza kuyobora Oms ishami ry’umuryango wa bibumbye ryita ku buzima

Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus yatorewe mpanda ye ya 2 y’imyaka 5 yo gukomeza kuyobora Oms ishami ry’umuryango wa bibumbye ryita ku buzima

Umunya-Ethiopia Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus yongeye gutorerwa kuyobora umuryango mpuzamahanga wita ku buzima Oms mu gihe cy’imyaka 5 .

Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus warumaze mpanda y’imyaka 5 ayoboye uy’umuryango yongeye gutorerwa mu nteko y’umuryango wa bibumbye yari yateraniye I buruseri kuri uyu wa kabiri tariki 24 Gicurasi 2022.

Ni mugihe Dr Tedros ntawe bari bahanganye muri ay’amatora ya mpanda ye ya kabiri , nyuma y’amatora umuryango wa Oms ukaba watangajeko mpande nshya ya Dr Tedros biteganyijweko izatangira tariki 16 Kanama uy’umwaka wa 2022 .

Dr Tedros akaba yashimiwe uburyo yafashijemo umuryango wa Oms ishami rishinzwe kwita kubuzima kw’isi , ashimirwa ku kuba yarafashije ibihugu bigize uy’umuryango mu kuzamura urwego rw’ubuvuzi ndetse no guhanga n’icyorezo cya covid-19 , n’ibindi byorezo byadutse mw’isi.

Dr Tedros mbere yuko agirwa umuyobozi wa Oms ishami rishinzwe kwita kubuzima kw’isi , Dr Tedros akaba yari yarabanje kuba minisitiri w’ububanyinamahanga w’igihugu cya Ethiopia , mu gihe cy’imyaka 4 ari kuri uyu mwanya muri iki gihugu cya Ethiopia.

Mbere yuko agirwa minisitiri w’ububanyinamahanga w’igihugu cya Ethiopia , Dr Tedros kuva mu mwaka wa 2005 akaba yari minisitiri w’ubuzima muri iki gihugu cya Ethiopia aho yabaye minisitiri w’ubuzima mu gihe cy’imyaka 7 ayoboye iyi minisiteri y’ubuzima muri Ethiopia.

Source : Reuters

Comments

No comments yet. Why don’t you start the discussion?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *